Uganda: Bane bakurikiranweho gusambanya umwana w’imyaka 13 bikamuviramo urupfu

Polisi yo mu karere ka Kabare mu burengerazuba bwa Uganda iri gukora iperereza ku rupfu rw’umwana w’imyaka 13 wasambanyijwe n’amabandi kuri uyu wa 25 Ukuboza 2022, bikamuviramo urupfu.

Glorious Akampurira Owembabazi yapfiriye mu bitaro yoherejwemo bya Kabare ahagana saa mbili. Amakuru avuga ko yasambanyirijwe mu gace k’ubucuruzi ka Nyasharara mu mudugudu wa Kyarugondo.

Umuyobozi wo mu gace ka Kauganguzi, Elias Twesigomwe yabwiye umuyobozi wa polisi mu karere SP Abel Ruganza ko Owembabazi yatoraguwe yataye ubwenge nyuma yuko asambanyijwe n’aba bantu.

Nubwo yapfuye nyuma yo kugezwa mu bitaro bya Kabale. Polisi yo muri aka gace muri iki gitondo tariki ya 26 Ukuboza 2022 yatangaje ko yataye muri yombi abagabo bane bakurikirankweho gusambanya uyu mwana.

Abakurikirankweho kumusambanya ni abo mu gace ka Kasheregyenyi ari bo: Davis Akankwasa Kehoda, Allan Akanyijuka, Moses Sendarera na Norman Ahumuza Kanuma.

Niyobuhungiro David

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *