Muhoozi-Kainerugaba

Uganda: Col. Ahimbisibwe na Lt. Col. Byaruhanga ni bo batawe muri yombi bitegetswe na Gen. Muhoozi

Abashinzwe ubutasi babiri bakuru mu Gisirikare cya Uganda (UPDF) baherutse gutabwa muri yombi bitegetswe n’Umugaba Mukuru, Gen. Muhoozi Kainerugaba, bamenyekanye ko ari Colonel Peter Ahimbisibwe, Umuyobozi w’umutwe ushinzwe kurwanya Iterabwoba mu Butasi bwa Gisirikare na Lt. Col. Ephraim Byaruhanga, Umuyobozi w’Ibikorwa Bidasanzwe.

Ifatwa ryabereye ku cyicaro gikuru cy’ingabo gishinzwe ubutasi bwa gisirikare n’umutekano (DIS) i Mbuya, rifitanye isano n’iperereza rikomeje gukorwa ku bikorwa bivugwa ko ari ukwigomeka.

Amakuru aturuka mu gisirikare avuga ko aba basirikare bakuru bakekwaho kuyobora imitwe ishobora kuba yaracengewe n’abakozi b’umutwe w’iterabwoba wa ADF, umutwe wagabye ibitero byinshi by’iterabwoba muri Uganda no mu karere.

Amakuru ava mu nzego zo hejuru agera kuri chimpreports agira ati: “Kimwe mu byaha bivugwa ni uko amashami yabo yinjiriwe kandi agakoreshwa mu kugeza amakuru y’ibinyoma ku bayobozi bakuru b’ingabo.”

Bakomeza bagira bati: “Ibi byatumye habaho amakosa muri operations kandi bituma havuka ibibazo bijyanye n’ubunyangamugayo bw’inzego z’umutekano imbere muri UPDF.”

Nubwo ibirego bashinjwa bitaratangazwa, ifatwa ngo ryerekana indi ntambwe mu gikorwa cya Gen. Muhoozi cyo gusukura inzego z’ubutasi za gisirikare.

Kuri ubu aba basirikare bakuru bombi barafunzwe kandi biteganijwe ko bazakomeza kubazwa mu gihe iperereza rikomeje.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *