Uganda: Hari ahantu abagore batemerewe kugendera imbere mu makamyo

Ihuriro ry’abatwara amakamyo mu karere ka Lira muri Uganda ryashyizweho itegeko ry’uko nta mugore wemerewe kugendera mu mwanya w’imbere (cabin) mu rwego rwo gukumira impanuka.

Abarebwa n’iki kibazo batangarije BBC yo iri tegeko ryashyizweho mu ntangiriro z’uyu mwaka nyuma y’impanuka 9 zari zimaze kubera muri aka karere, abagore bagashinjwa kuba intandaro yazo.

Bernard Anyieko uri mu bayobozi b’iri huriro yasobanuye ati: “Twasanze abagore bicara imbere mu modoka ari bo bateza izo mpanuka. Bamwe muri bo bajya ku masoko gushaka abagabo. Rimwe na rimwe kwicara imbere mu modoka, hari ubwo bitwara mu buryo burangaza abashoferi.”

Umupolisi muri aka karere, Mathias Okwi, na we ashyigikiye iri tegeko. Yagize ati: “Umushoferi yarihutaga, ashaka gufatira imodoka mu mwanya utari wo, imodoka ikora impanuka. Bavuze ko icyatumye imodoka ari uko umushoferi yari kumwe n’inshuti ye y’umukobwa.”

Okwi yakomeje asobanura ati: “[Umushoferi] yageragezaga kwerekana ko yashobora gutwara neza, ni bwo yarangaye maze imodoka ikora impanuka.”

Ni itegeko riterwa utwatsi n’abantu batandukanye barimo impirimbanyi y’uburenganzira bwabo, Dorothy Amuron, uvuga ko ridakwiye kuko nta bushakashatsi bwakoze ngo bwemeza ko koko abagore ari bo bateje izi mpanuka.

Amuron yagize ati: “Bakabaye barakoze ubushakashatsi bwumvikana, bugaragaza ukuri, aho kumvikanisha ikibazo mu buryo bwa rusange ko abagore ari bo bateza ikibazo.”

Minisitiri w’imirimo n’ubwikorezi, Winstone Katushabe, abona iri tegeko rikwiye kuvaho kuko ngo nta shingiro rifite. Ati: “Kubuza umugore kwicara imbere ntibyumvikana. Ntekereza ko iryo tegeko rikwiye kurwanywa kandi n’Itegekonshinga rya Uganda ntiryemera ivangura iryo ari ryo ryose.”

N’ubwo umushoferi yaba ari wenyine mu mwanya w’imbere, muri Lira umugore aba agomba kwicara inyuma hashingiwe kuri iri tegeko.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *