Uganda irohereza abandi Banyarwanda 23

Guverinoma ya Uganda kuri uyu wa 6 Kanama 2021 iroherereza u Rwanda abandi Banyarwanda 23 bari bafungiweyo, ibacishije ku mupaka wa Kagitumba uhuza ibihugu byombi.

New Times dukesha aya makuru aba Banyarwanda barimo abagabo 19, abagore 3 n’umwana umwe, ubu bakiri mu maboko y’ibiro bishinzwe abinjira n’abasohoka ku ruhande rwa Uganda, mbere y’uko boherezwa mu Rwanda.

Aba boherejwe nyuma y’abandi 11 bageze mu Rwanda nabo banyuze ku mupaka wa Kagitumba mu ntangiriro za Nyakanga 2021, bose bari bamaze igihe bafungiwe muri gereza zitandukanye za Uganda.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV->https://www.youtube.com/channel/UC_Wx4Sy2IawVLtp5-QMRhnQ]

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *