Polisi y’akarere ka Masaka muri Uganda ifunze umugabo w’imyaka 48 ukekwaho gusambanya abana 5 akabanduza virusi itera SIDA.
Uyu mugabo ubusanzwe bivugwako akora umwuga w’ububaji, iki cyaha akekwaho yagikoreye mu gace atuyemo ka Bwabikere gaherereye mu Mujyi wa Masaka. Aba bana uko ari batanu bivugwako yasambanyije bari hagati y’imyaka 8 na 13 nk’uko bitangazwa na polisi ya Masaka.
Juliet Shida ushinzwe gukurikirana ibyaha bikorerwa abana mu Mujyi wa Masaka , yabwiye Daily Monitor ko nyuma yo gukeka uyu mugabo bahise bamuta muri yombi, bamujyana ku bitaro bamupimye bamusangana ubwandu bwa Virusi itera Sida.
Yagize ati: ”Ukekwa yajyanwe mu bitaro bya Masaka, apimwe igisubizo kigaragaza ko abanana Virusi itera SIDA. Icyakurikiyeho twazanye abana bikekwa ko yasambanyije nabo dusanga baranduke Virusi Itera SIDA”
Uregwa yabwiye polisi ko kuva umugore we yapfa mu mwaka 6 ishize, yakomeje kujya asambanya abana bato.
Umuyobozi w’ishami rikora ipererereza ku byaha bikorerwa abana mu Karere ka Masaka, yavuze ko muri ako karere honyine, bamaze kwakira ibirego by’ihohoterwa rikorerwa abana bigera kuri 79, mu mezi ane gusa Covid-19 imaze igeze muri Uganda.


