Uganda: Umukuru w’igipolisi mu karere n’umukuru wa CID birukanwe bazira kwiba inka

Umukuru w’Igipolisi cya Uganda, Gen Kale Kayihura yirukanye umuyobozi w’igipolisi n’uwari ukuriye iperereza mu karere ka Sheema bazira kwiba inka z’umuntu wakekwagaho ibyaha.

Aba bapolisi bakuru birukanwe ni SP Innocent Mubangizi ndetse n’ukuriye CID witwa Paddy bashinjwa n’uwitwa John Bashara kumutwarira inka kandi ntibahanwe. Uyu akaba yaratakambiye IGP Kayihura amusaba kumurenganura.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]

Mu butumwa umukuru w’igipolisi yageneye umukuru w’igipolisi muri Greater Bushenyi, yamusabye gukora ibishoboka aba bapolisi uko ari babiri bakagarura inka za Bashara nta gutinda kandi bagashyikirizwa urwego rwa polisi rushinzwe ikinyabupfura bagahanwa mu gihe hagishakishwa abagomba kubasimbura.

Iyi nkuru dukesha Spyreports irakomeza ivuga ko muri Mutarama uyu mwaka, SP Mubangizi ngo yatawe muri yombi ashinjwa gusuzugura amabwiriza ya Gen Kayihura nyuma yo kurekura uwitwa Posiano Lwakataka wari watawe muri yombi nyuma yo gufatanwa ikamyo yuzuyemo udufi twari tukiri duto.

Lwakataka akaba yarafashwe nyuma yo kugerageza gutoroka station ya polisi ya Mbarara, aho ubuyobozi bukuru bw’igipolisi bwatangaje ko mu kumurekura Mubangizi yakoresheje nabi ububasha bwe.
 
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
 
Dennis Ns./Bwiza.com

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *