Uganda: Umusirikare uherutse kwica bane bo mu muryango umwe yagejejwe mu rukiko

Polisi ya Mbarara iherutse guta muri yombi Private Herbertson Robert Birivumbuka, umusirikare mu ngabo zidasanzwe kabuhariwe , azira kwica abantu batanu bo mu muryango umwe barimo umwana , ingimbi ndetse n’abakuru.

Ibi byabereye mu mudugudu wa Namutale, mu gace ka Kabeyingire, ahazwi nka Bwaya, mu karere ka Mayuge mu ntangiro z’uku kwezi.

Umuvugizi wa Polisi wungirije SSP Claire Nabakka, yavuze ko Birivumbuka yibasiye umuryango wa Isaac Buyinza Budarasi w’imyaka 40 kubera impamvu zitazwi. Gusa kuri iyi nshuro nyiri ubwite yabwiye ubutabera ko yarimo yihorera.

Nabakka yagize ati: “Private Birivumbuka yatorotse aho yakoraga maze yerekeza mu mudugudu wa Mayuge aho bivugwa ko yarashe abantu bane bo mu muryango umwe ahita asubira mu kazi.

Ubwo yari yagiye, mu gisata akoreramo hakozwe ubugenzuzi bw’ahari mu kazi basanga ntabwo ahari, nyuma akimara kuhagera nibwo yahise atabwa muri yombi.

Ayo makuru yageze kuri Perezida Museveni, yihanganisha uwo muryango, anatanga ubufasha bwa miliyoni 10 zo gushyingura abishwe.

Raporo y’ibyaha yakozwe n’ubuyobozi bushinzwe iperereza ku byaha (CID) yerekana ko Abagande benshi bishwe mu 2023 ugereranije no mu 2022.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *