Ubuyobozi bukuru bw’Ingabo z’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba ziri muri Congo Kinshasa (EACRF), bwanyomoje amakuru yavugaga ko igisasu cya mortar cyahitanye umusirikare wa Kenya cyaba cyarashwe n’Ingabo z’u Rwanda.
Ku wa Kabiri tariki ya 24 ni bwo umusirikare wa Kenya yishwe n’igisasu cya mortar abandi benshi barakomereka, ubwo mu gace ka Kibumba ho muri Teritwari ya Nyiragongo harimo habera imirwano y’Ingabo za Congo Kinshasa n’umutwe wa M23.
Igisirikare cya RDC (FARDC) cyahise cyihutira gusohora itangazo gishinja Ingabo z’u Rwanda na M23 kivuga ko ziha inkunga kuba ari bo bari inyuma y’urupfu rw’uriya musirikare.
Umwe mu basirikare bari mu buyobozi bukuru bwa EACRF yabwiye igitangazamakuru cya Capital News kiri mu bikomeye muri Kenya ko ibyatangajwe n’Igisirikare cya RDC ari “ibihimbano”, mbere yo gushimangira ko igisasu cyishe umusirikare wa KDF cyaturutse mu birindiro bya FARDC.
Yagize ati: “Ingabo z’akarere ka Afurika y’Iburasirazuba zirashimangira ko mortar [mortier] yarashwe na FARDC ya RDC. Ukuri kuriho ni uko ibyatangajwe na RDC ari ibihimbano.”
Kugeza ubu ubuyobozi bw’umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba ntacyo ntacyo buravuga ku byabaye ku mugaragaro.
Umusirikare wa Kenya wapfuye ku wa Kabiri ni we wa mbere wa EAC byamenyekanye ko yaguye muri RDC kuva uyu muryango woherejeyo Ingabo mu mwaka ushize wa 2022.
Uyu musirikare yapfuye mu gihe Ingabo za Uganda ziri muri RDC na zo ziheruka kugabwaho igitero n’abitwaje intwaro batatangajwe amazina.
Ingabo za EAC zimaze igihe ku gitutu, ndetse zasabwe kenshi kuva ku butaka bwa RDC nyuma yo gushinjwa kuba ntacyo zikora ngo zikumire umutwe wa M23.


