Umugore yanywesheje umukobwa abereye mukase imiti yasize aside, amusuka ‘superglue’ mu gutwi

Umugore wo mu Karere ka Goaso muri Ahafo muri Ghana, yanywesheje ku ngufu umwanwa w’umukobwa w’imyaka ine abereye mukase imiti yasizeho aside, anamushyira superglue mu gutwi.

Ibi bikimara kuba, uyu mukobwa yajyanwe ku bitaro bya Leta biri i Goaso kugira ngo avurwe, mu gihe mukase yahise aburirwa irengero.

Uyu mukobwa nyuma yo kunywa aside ku ngufu, hakagira ijya mu kanwa, ararembye, aho atabashaka gutapfuna ibyo kurya.

Sekuru w’umukobwa, Nii Okai Lamptey, yabwiye Accra FM ko iki kibazo kizwi na polisi kandi ngo izi aho uyu mugore yihishe.

Uyu musaza yavuze ko abapolisi batinye gufata uwo mugore kuko aziranye n’abanyepolitiki.

Uyu musaza avuga ko uyu mwuzukuru we yatwitswe mu mwaka wa 2020 nyuma y’aho umukobwa we yari yaratandukanye n’umukwe we, agasigara arera umwana gusa nyuma akaza gushaka undi mugore ari na we wagiriye nabi umwana.

Uyu musaza ati ” Nyuma yaho batubwiye ko uwo mukase yamusutse superglue mu gutwi. Umusore wari yaramufashe akamujyana kuri polisi ariko ngo ntibamufunga kuko aziranye n’abanyepolitiki.”

The Pulse yatangaje ko ariko uyu mugore yafashwe, akagezwa mu nkiko, akemererwa kuburana yidegembya, ubundi ibintu birangiriraho.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *