96009385-0-image-a-134_1741560167566

Umugore yishe umugabo ahita amuca igitsina aragiteka arakirya

Polisi yo muri Brazil yataye muri yombi umugore w’imyaka 65 nyuma yo kwemera ko yishe umugabo w’imyaka 60, akamuca bimwe mu bice by’umubiri we, birimo umutima n’igitsina, ndetse akabirya.

Nk’uko byatangajwe n’ibinyamakuru byo muri Brazil, Celso Marques Ferreira w’imyaka 60, yasanzwe yapfuye mu kibuga kiri mu mujyi wa Peruíbe, muri São Paulo afite ibice bimwe by’umubiri we bitakiriho.

Ku mubiri we hanabonetse urupapuro rwanditseho izina ‘Gringa’, izina ry’umugore ukekwa ko ari we wakoze ayo mahano. Iruhande rw’uyu murambo, hanabonetse icyuma cyariho amaraso yumye, bikekwa ko ari cyo cyakoreshejwe mu bwicanyi.

Ukekwa ni Josefa Lima w’imyaka 65 wemeye ko ari we wishe Celso ndetse akamwica nabi. Mu iperereza ryakozwe, yavuze ko yamwishe nyuma yo kumenya ko yashinjwaga guhohotera abana. Yavuze ko nyuma yo kumwica, yatetse umutima n’igitsina bye, maze akabirya.

Polisi kandi yataye muri yombi undi mugabo w’imyaka 41, witwa Robson Aparecido de Oliveira bakeka ko yaba yaragize uruhare muri ubu bwicanyi.

Polisi irakomeje iperereza kugira ngo hamenyekane neza uko iki cyaha cyakozwe ndetse n’abagifitemo uruhare bose bashyikirizwe ubutabera.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *