Ubuyobozi bwa Libani bwatangaje ko Hannibal Kadhafi, umuhungu wa nyakwigendera Muammar Kadhafi wahoze ayobora Libiya, yarekuwe nyuma y’imyaka irenga icumi yari amaze afunzwe i Beirut.
Nk’uko bitangazwa n’urubuga Lebanon 24, Hannibal Kadhafi yarekuwe n’urukiko rwa Libani, kandi yakuriweho inzitizi zamubuzaga gusohoka mu gihugu, ndetse urukiko rwanatesheje agaciro ingwate ya miliyoni 11 z’amadolari yari yasabwe.
Leta ya Libiya yahise isohora itangazo ishimira byimazeyo Perezida wa Libani Joseph Aoun na Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko Nabih Berri ku bufatanye bagaragaje mu gukemura iki kibazo cyari kimaze imyaka myinshi.
Hannibal, ubu ufite imyaka 50, yari yarashimuswe muri 2015 n’abarwanyi b’umutwe wa Shia witwa Amal ubwo yari mu buhungiro muri Siriya, aho yari yaragiye nk’impunzi ya politiki. Nyuma y’igihe gito, yashyikirijwe inzego z’umutekano za Libani, aho yahise afungwa.
Mu mwaka wa 2017, urukiko rwa Libani rwamureze icyaha cyo guhisha amakuru ku irengero rya Imam Musa al-Sadr, umuyobozi w’idini ry’Abashia waburiwe irengero muri Libiya mu 1978, mu gihe se, Muammar Kadhafi, yari akiri ku butegetsi.
Irekurwa rya Hannibal Kadhafi ryashyigikiwe n’abayobozi ba Libiya nk’intambwe ikomeye mu gusana umubano wa Libiya na Libani, umaze imyaka utifashe neza kubera urwo rubanza rwari rwarabaye intandaro y’amakimbirane hagati y’ibihugu byombi.
Hannibal ni umwe mu bana basigaye ba Muammar Kadhafi, warasiwe mu ntambara yo mu 2011 ubwo abaturage ba Libiya barwanyaga ubutegetsi bwe bwari bumaze imyaka irenga 40.


