Umukinnyi wa filime wari ukuze kurusha abandi ku Isi yapfuye

Kuri uyu wa 8 Gashyantare 2023 ni bwo Branka Veselinovi? wari uzwi nk’umukinnyi wa filime ukuze kurusha abandi ku Isi, yapfuye afite imyaka 104.

Amakuru dukesha Yugoslaw Drama Theatre avuga ko Branka Veselinovi? wakinnye amafilime igihe kitari gito, yapfuye kubera ubusaza.

Branka yavukiye muri Serbia mu mujyi wa Be?ej. Yari amaze gukina filime igihe kingana n’imyaka 80 kuko yatangiye gukina filime n’inkinamico mu mwaka w’1936.

Uyu Branka yakinnye muri filime nka ‘Three Sisters’ yo mu 1982, ‘The Serbian Remake of Classic Medical’, ‘Emergency Room’ mu 2014 n’izindi zirirenga 50 ndetse n’ikinamico zigera kuri 100.

Mu 1980 Branka yabaye ambasaderi w’ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku bana (UNICEF) mu gihe cy’imyaka ine.

Branka yashakanye n’umugabo we Mla?a Veselinovi? mu 1948 baza gufatanya kubaka ikigo gifasha abana bafite ubumuga, nyuma y’uko nta mwana bigeze babyarana mu gihe bamaranye.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *