Minisiteri y’Ubuzima kuri uyu wa Mbere yatangaje ko umugabo wo mu mujyi wa Kigali yahitanwe n’icyorezo cya COVID-19, bituma abamaze guhitanwa n’iki cyorezo mu Rwanda bagera kuri 75.
Uwitabye Imana uyu munsi yari afite imyaka 77 y’amavuko.
Uretse uwitabye Imana, hanabonetse abantu 51 banduye kiriya cyorezo, bituma abamaze kucyandura bagera kuri 8,021 barimo abakize 6,339 (50 bakize kuri uyu wa Mbere) n’abakirwaye 1,607.
Abarwayi bashya babonetse barimo 10 b’i Kigali, 15 b’i Huye, 10 b’i Rusizi, batandatu b’i Rutsiro, batanu b’i Rubavu, batatu b’i Nyamasheke, umwe w’i Nyamagabe n’umwe wo mu karere ka Ngororero.


