Umunyakenya ntazigera agambanira Umunyarwanda — Mukoko ku mpamvu RDC ikwiye kuva muri EAC

Umunyekongo Fils Mukoko wiyita “Umurinzi w’urusengero rwa demokarasi”, avuga ku bibazo bya politiki na diplomasi muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, yasabye guverinoma kwitandkanya n’umunryano wa EAC ikagumana na SADC gusa kuko abona ari yo yabafasha .

Mu kiganiro n’abanyamakuru cyabaye kuri uyu wa Gatatu, itariki ya 10 Gicurasi, Fils Mukoko usanzwe ri umuyoboke ukomeye w’ishyaka UDPS riri ku butegetsi, yishimiye icyemezo cy’umukuru w’igihugu, Félix Tshisekedi cyo kwirukana ingabo z’akarere ka EAC.

Nk’uko iyi nkuru dukesha Mediacongo.net ivuga, Mukoko yagize ati: “Zone tampon hatazwi igihe izamara ni ukundi gucamo igihugu ibice. Umunyakenya ntazigera ahemukira umunyarwanda. Reka duhagarike ibya EAC, tugumane na SADC”.

Uyu yaboneyeho guhamagarira Guverinoma ya Sama Lukonde ya 2 gukenyera igakomeza, kuko nk’uko abivuga, aba minisitiri be badafite uburenganzira bwo gutsindwa cyangwa gukora ikosa.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *