20251105_193456

Umunyamakuru Jean Pierre Kagabo yasezeye RBA yari amazemo imyaka irenga 20

Umunyamakuru Jean Pierre Kagabo yamaze gusezera Urwego rw’Igihugu rw’Itangazamakuru (RBA) yari amaze imyaka 22 akorera.

Kagabo yari umukozi wa RBA kuva muri 2003, ubwo iki kigo cyari kikiri Orinfor.

Iki kigo yagihagarariye i Nyamagabe na Nyaruguru kuva mu 2010 ahamara imyaka itatu, mu 2013 yimurirwa ku cyicaro gikuru cya Radio Rwanda.

Uyu munyamakuru yatangaje ko yahisemo kugisezera, kuko yabonye akazi ahandi.

Avuga kandi ko mu myaka yose yakoreye RBA icyamushimishije ari ukugira amahirwe yo kwakira Perezida Paul Kagame mu kiganiro,

Yabwiye ikinyamakuru Igihe ati: “Ntabwo nakwibagirwa kwakira Umukuru w’igihugu kubera ko mu itangazamakuru ni ikintu gikomeye cyane.”

Uretse iyi ntambwe, Kagabo avuga ko muri byinshi atazibagirwa harimo ko ari we gahunda yo guhuza umuntu wagiye hanze ya studio [radio iri gukorera mu gace runaka] na studio yo ku cyicaro byatangiriyeho. Ibindi ni inkuru z’ibikorwa by’Ingabo z’u Rwanda muri Centrafrique, Cabo Delgado n’ibindi.

Kagabo yashimangiye ko aho agiye atari ikigo cy’itangazamakuru ariko azakomeza kurigaragaramo binyuze mu buryo bw’itangazamakuru rigezweho rya ’podcast’.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *