Umunyamakuru Patty Habarugira yatandukanye na RBA

Umunyamakuru Patrick Habarugira, yatangaje ko yatandukanye n’Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru (RBA) yari amaze imyaka 10 abereye umukozi.

Patty Habarugira ni umwe mu banyamakuru bari bakunzwe cyane kuri RBA cyane mu kiganiro ‘Urubuga rw’Imikino’ yari abereye umuyobozi.

Patrick Habarugira yabwiye ikinyamakuru IGIHE ko yatandukanye na kiriya gitangazamakuru kubera ko yitegura kwerekeza muri Canada aho agiye gukomereza amasomo.

Yagize ati: “Ni byo ntabwo nkiri umukozi wa RBA. Ni impamvu zo kujya gukomeza amashuri muri Canada mu ishami ryitwa Infographie en Journalisme i Quebec. Ndafata indege uyu munsi.”

Habarugira yavuze ko n’ubwo agiye kujya muri Canada atazajyana n’umuryango we kuko kuwutwarayo atari ngombwa cyane, n’ubwo azamarayo imyaka ibiri.

Patrick Habarugira nk’umunyamakuru wa RBA, yayoboraga ishami rya siporo muri iki Kigo. Mu myaka yari amaze mu itangazamakuru rya siporo, yegukanye ibihembo bibiri nk’Umunyamakuru Mwiza wa Siporo mu 2017 no mu 2020.

RBA yayigezeho muri 2012 avuye kuri Radio Mariya Rwanda, nyuma y’igenda ry’umunyamakuru Jean Claude Ndengeyingoma werekeje muri Australia.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV->https://www.youtube.com/channel/UC_Wx4Sy2IawVLtp5-QMRhnQ]

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *