GkjfWtpWUAESASt

Umunyamideli Moses Turahirwa yatemaguriwe i Musanze

Moses Turahirwa washinze inzu y’imideli Moshions, yatewe n’abagizi ba nabi mu Karere ka Musanze, aho bamukubise ndetse bakanamutera ibyuma ubwo yari ari kumwe n’imbwa ye.

Ubwo abi bagizi ba nabi bamugabagaho igitero, baje kumutemagura bikabije we n’imbwa ye yehise ihasiga ubuzima gusa we ku bw’amahirwe ntiyapfuye gusa azahajwe n’ibikomere bamusigiye.

Polisi y’u Rwanda ibinyujije kuri X yatangaje ko abantu batatu bakekwaho kugira uruhare muri iki gitero bamaze gutabwa muri yombi.

Iryo tangazo rigira riti: Muraho, Abantu batatu bacyekwaho kugira uruhare mu guhohotera Turahirwa Moses bafashwe, ubu bafungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Muhoza mu gihe iperereza rigikomeje. Murakoze.”

Ubu iperereza rirakomeje kugira ngo hamenyekane imvo n’imvano y’iki gitero.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *