f119633b-51d7-4384-8f6f-ea58b20016c1-1840071664835869.jpg

Umunyamideli Neema Ngerero wasanzwe yapfiriye mu modoka muri USA agiye gushyingurwa

Umunyamideli Neema Ngerero wasanzwe yapfiriye mu modoka muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, azashyingurwa kuwa 14 Ukwakira 2022.

Uyu munyamideli watangaga icyizere yapfuye kuwa 3 Ukwakira, agwa ahitwa Arizona afite imyaka 25.

Musaza we, Kenny Ngerero yavuze ko mushiki we yasanzwe yapfiriye mu modoka yari mu igaraje rifunze ariko hari umunuko wa gazi itera umuntu kubura umwuka (CO).

Yabwiye TNT ko “Iryo garaje ari irya musaza we w’undi.”

Yavuze ko nta kindi gikekwa cyaba cyarahitanye uyu mwari. Ku rundi ruhande hari ibyari byahwihwishije ku mbuga mkoranyambaga ko Neema yaba yararozwe.

Urupfu rwa Neema rwaratunguranye ndetse rushengura benshi.

f119633b-51d7-4384-8f6f-ea58b20016c1-1840071664835869.jpg
Neema Ngerero/ Social Media

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *