Mukeshimana Venuste warangije amasomo y’ikoranabuhanga n’itumanaho muri kaminuza, arakekwaho gukura amafaranga miliyoni 22,500,000 Rwf kuri konte y’uruganda rwa Nesen Company mu buryo bw’ubujura.
Aya makuru yatangajwe n’Urwego rw’Igihugu rw’ubugenzacyaha kuri uyu wa 30 Nyakanga 2020 ubwo rwashyikirizaga ubuyobozi bw’uru ruganda amafaranga miliyoni 15.5 RWF muri aya rwibwe.
Bahorera Dominique uri kuvugira RIB yatangaje ko andi mafaranga miliyoni 7 asigaye, azashyikirizwa ubuyobozi bw’uru ruganda, nyuma y’icyemezo kizafatwa n’urukiko.
Iperereza kuri aya mafaranga ryatangiye tariki ya 24 Nyakanga 2020 ubwo banki yatangaga ikirego kuri RIB ko konte y’umukiriya wayo yinjiriwe, amafaranga miliyoni 22.5 akavanwaho.
Mukeshimana Venuste akurikiranyweho gushaka kwikungahaza mu buryo butemewe n’ingingo ya 9 y’itegeko ryerekeye kurwanya ruswa, kwinjira mu makuru hifashishijwe mudasobwa nk’uko bivugwa mu ngingo ya 24 y’itegeko ry’ikoranabuhanga ndetse n’ibikorwa bitemewe byo kugurisha amafaranga cyangwa kuvunja, hakurikijwe ingingo ya 223 y’itegeko rigena ibyaha n’ibihano muri rusange.
Abayobozi ba Nesen basubijwe miliyoni 15.5 Rwf, bategereje izindi 7 Rwf


