Mu gihe icyorezo cya Coronavirus gikomeje gukwirakwira ku Isi no ku mugabane w’Afurika, Repubulika ya Kongo yiyongereye mu mubare w’ibihugu by’Afurika bimaze kugaragaramo iyi virusi.
Guverinoma ya Repubulika ya Kongo (Congo Brazzaville) yatangaje ko ku butaka bwayo habonetse umurwayi wanduye Coronavirus, akaba ari umuturage w’imyaka 50 wavuye i Paris mu Bufaransa ku itariki ya 01 Werurwe 2020.
Ibiro ntaramakuru by’Abongereza (Reuters) byatangaje ko uyu murwayi wa mbere wa Coronavirus muri Repubulika ya Kongo yamenyekanye ejo tariki ya 15 Werurwe 2020.
Guverinoma y’iki gihugu yatangaje ko uyu murwayi ameze neza ndetse umugore we n’umwana we w’umukobwa na bo bakaba bashyizwe mu kato .
Ni nyuma y’uko iki cyorezo kigaragaye mu gihugu cy’igituranyi cya Repubulika ya Demokarasi ya Kongo(Kongo Kinshasa) mu minsi ishize ndetse iki cyorezo kikaba cyarageze no ku butaka bw’u Rwanda kuri uyu wa 14 Werurwe 2020.
Coronavirus yatangiriye mu Bushinwa mu mujyi wa Wuhan mu mpera z’Ukuboza kwa kundi 2019 ikagenda ikwirakwira no mu bindi bihugu bitandukanye ku isi. Kuri ubu Repubulika ya Kongo dyiyongereye mu bihugu byo munsi y’Ubutayu bwa Sahara bimaze kugerwamo n’iki cyorezo.
Ibihugi byo munsi y’Ubutayu bwa Sahara bimaze kugerwamo na Coronavirus harimo Nigeria, Senegal, Afurika y’Epfo, Cameroon, Burkina Faso, Repubulika ya Demokarasi ya Kongo n’u Rwanda rwagaragayemo umurwayi 1 wayo ejo. Afurika yose ikaba imaze kugaragara ku bantu 273 mu bihugu bigera kuri 25.
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima, OMS, ryemeza ko iki ari icyorezo cyugarije isi kikaba kimaze kwibasira abasaga 156,948 naho 5839 bakaba barahitanwe na cyo mu gihe 75,939 bamaze kugikira.


