Umushinjacyaha Bensouda yagiye muri Sudani gushaka uko Omar al-Bashir yakoherezwa i La Haye

Kuri uyu wa Gatandatu, Umushinjacyaha w’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha (ICC), Fatou Bensouda, yerekeje i Khartoum, umurwa mukuru wa Sudani mu ruzinduko rw’akazi rugamije ku kuganira ku iyoherezwa ry’uwahoze ari pererezida w’iki gihugu Omar al-Bashir ngo aburanishwe ku byaha byakorewe muri Darfur.

Inama y’Abaminisitiri yagize ati: “Intumwa za ICC ziyobowe n’umushinjacyaha mukuru Fatou Bensouda zageze i Khartoum uyu munsi mu ruzinduko rw’akazi ruzageza kuwa 21 Ukwakira.”

Abayobozi bavuga ko hazaba kuganira ku ‘”ubufatanye na Sudani ku byerekeye abaregwa Urukiko rwashyiriyeho impapuro zo kubata muri yombi”.

Ikinyamakuru The Washington Post kivuga ko impande zombi zizaganira ku buryo bwo kohereza I La Haye uwahoze ari Perezida Omar al-Bashir ndetse n’abandi bahoze ari abayobozi mu butegetsi bwe bashinjwa ibyaha byibasiye inyoko muntu na jenoside byakorewe mu Ntara ya Darfur.

Loni ivuga ko aya makimbirane mu myaka ya mbere, yahitanye byibuze abantu 300.000 naho miliyoni 2.5 bavanywe mu byabo. Muri Mata 2019, Omar al-Bashir wavanwe ku butegetsi maze atabwa muri yombi n’ingabo nyuma y’amezi menshi y’imyigaragambyo y’abaturage.

Omar al Bashir w’imyaka 76, yabanje kuburanishwa ku cyaha cyo gutunga binyuranyije n’amategeko amafaranga y’amahanga agakatirwa akaba afungiye i Khartoum, asanzwe anakurikiranwe mu rubanza ku ihirika ry’ubutegetsi ryo mu 1989, aho ashobora gukatirwa igihano kiruta ibindi.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *