1_2025-10-03_21-13-38

Umushinwakazi wabaye meya muri Filipine yakatiwe igifungo cya burundu

Kuri uyu wa Kane, urukiko rwo muri Filipine rwakatiye Alice Guo wahoze ari umuyobozi w’umujyi wa Bamban, uherereye mu majyaruguru ya Manila, gufungwa burundu kubera gucuruza abantu.

Guo Hua Ping, wagaragajwe n’inzego z’ubutegetsi nk’umunyagihugu w’u Bushinwa, yabaye umuyobozi nyuma yo kwiyerekana nk’Umunyafilipine atari we, kandi yagize uruhare mu rusimbi rutemewe n’ubutekamutwe.

Umushinjacyaha wa Leta, Olivia Torrevillas, yavuze ko muri rusange, abanyamahanga umunani, barimo na Guo, bakatiwe burundu nk’uko tubikesha Deutsche Welle.

Torrevillas ati: “Nyuma y’umwaka umwe gusa, urukiko … rwaduhaye icyemezo cyiza. Alice (Guo) yahamijwe icyaha hamwe n’abandi barindwi bareganwa hamwe. Igifungo cya burundu.”

Ibitangazamakuru byaho byatangaje ko ibyo byaha ubundi bihanishwa imyaka 40 n’ihazabu ya miliyoni 2 y’Ama pesos ya Filipine ($ 33.875).

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *