Umuvugizi wa Guverinoma ya Somalia kuri iki Cyumweru yakomerekeye mu iturika ry’igisasu cyaturikijwe n’umwiyahuzi wari wakiziritseho mu murwa mukuru, Mogadishu nk’uko byatangajwe n’Ibiro Ntaramakuru bya Somalia.
Abari aho igisasu cyaturikiye bavuga ko babonye ibice by’imibiri y’abantu hasi hanze y’inzu ya Mohamed Ibrahim Moalimuu, wahise wihutanwa kwa muganga.
Ibiro Ntaramakuru bya Somalia kuri twitter byavuze ko igisasu cyaturikiye mu ihuriro ry’umwe mu mihanda y’I Mogadishu giturikijwe n’umwiyahuzi.
Ntabwo haramenyekana neza ababa bihishe inyuma y’iki gitero cy’iterabwoba.


