20250923_094808

Umwana w’imyaka 13 yagendeye mu ipine ry’indege mu rugendo rw’iminota 94

Umwana w’umuhungu w’imyaka 13 ukomoka mu mujyi wa Kunduz muri Afghanistan yabashije kurokoka urugendo rw’iminota 94 ari mu cyuma cy’amapine y’indege, ubwo yinjiraga mu ndege ya KAM Air yari ivuye i Kabul ijya i Delhi mu Buhinde.

Nk’uko byatangajwe n’abashinzwe umutekano ku kibuga cy’indege cya Indira Gandhi (CISF), uwo mwana yifuzaga kujya muri Irani, ariko yibeshye ajya mu ndege yajyaga muri Delhi. Yinjiranye n’abagenzi mu gitondo cyo ku Cyumweru, yihisha mu gice cy’indege kibika amapine y’indege aho yari atwaye akaradiyo gato.

Iyi ndege (RQ4401) yahagurutse i Kabul igera i Delhi saa 10:20 za mu gitondo. Mu gihe cy’isaha irenga 1 n’iminota 30, uwo mwana yari mu cyuma kidashyushye kandi kidafite umwuka uhagije, aho ubushyuhe bushobora kugera kuri -50°C. Gusa yageze i Delhi ari muzima, biba igitangaza kuko imibare igaragaza ko abagerageza urugendo nk’uru bapfa ku kigero cya 77%.

Abakozi bo ku kibuga bamubonye atembera maze bahamagara abashinzwe umutekano, baramukurikirana maze baza gusanga ari uwo mu mujyi wa Kunduz. Nyuma yo kumubaza, yahise asubizwa i Kabul kuri iyo ndege nyine (RQ4402) mu masaha ya saa kumi z’umugoroba.

Kugeza ubu, inzego z’umutekano z’indege n’abagenzuzi bemeza ko urwo rugendo ari kimwe mu bihabanye n’ubuzima umuntu yakwifuza, kuko uretse gukonja bikabije no kubura umwuka, hari n’ingaruka zo gukomeretswa n’imikorere y’amapine cyangwa ukagwa hasi mu gihe indege ihaguruka cyangwa igwa.

Kuva mu 1947 kugeza mu 2021, raporo za US Federal Aviation Administration zigaragaza ko abantu 132 bagerageje kwinjira mu byuma by’amapine y’indege, benshi muri bo ntibabashije kurokoka.

Uyu mwana wo muri Afghanistan yabaye umwe muri bake cyane babashije gukira urugendo nk’uru rurerure.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *