Umuryango w’Abibumbye biciye mu biro byawo bishinzwe uburenganzira bwa muntu (UNJHRO), washinje umutwe wa M23 kuba muri uku kwezi kwa Nyakanga warishe abaturage b’abahinzi 169 bo muri Teritwari ya Rutshuru, mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru.
Raporo ya biriya biro ivuga ko ibikorwa M23 yiciyemo bariya baturage byatangiye ku wa 9 Nyakanga 2025.
Ivuga kandi ko abishwe ari abakekwagaho kuba abarwanyi b’umutwe wa FDLR urwanya ubutegetsi bw’u Rwanda.
Ibiro Ntaramakuru Reuters by’Abongereza byasubiyemo iriya raporo bigira biti: “Abasivile by’umwihariko abahinzi bakambika mu mirima yabo mu gihe cy’itabira, bagabweho igitero. Umubare w’abapfuye by’umwihariko ni munini: Byibura abantu 169 barishwe.”
UNJHRO kandi ivuga ko abishwe bari ahantu ha kure cyane ku buryo byari kugorana ko barindwa cyangwa bagatabarwa.
Imwe mu mpirimbanyi z’uburenganzira bwa muntu muri RDC yabwiye Reuters ko abishwe biganjemo abo mu bwoko bw’Abahutu, bakaba baricishijwe imipanga ndetse n’imbunda.
M23 biciye muri Perezida wayo, Bertrand Bisimwa, yamaganye ibyatangajwe na biriya biro bya Loni, ivuga ko ari icengezamatwara risanzwe rikorwa n’abantu bakorera mu kwaha kwa Leta ya Congo.
Yabwiye Reuters ati: “Turizera ko mbere yo gufata ibihano, ibimenyetso bikwiye kubanza kugaragazwa biciye mu iperereza. Uku kwihutira gutangaza amakuru atabanje kugenzurwa ni icengezamatwara icyo rigamije kizwi gusa n’Ibiro bya Loni Bishinzwe Uburenganzira bwa Muntu.”
Yunzemo ko ibyatangajwe mu bigaragara ari “umugambi wo gusiga icyasha” uriya mutwe usanzwe ukorwa n’abakozi ba Leta ya RDC bakorera muri UNJHRO.
Ibirego by’uko M23 yishe bariya basivile bije bikurikira ibitero uyu mutwe muri uku kwezi wagabye ku birindiro bya FDLR, mu duce turimo aka Kazaroho hafi ya Parike y’Igihugu ya Virunga muri Rutshuru.
Usibye M23, Komiseri Mukuru ushinzwe Uburenganzira bwa Muntu muri Loni, Volker Türk, yanashinje ingabo za Leta ya RDC kuba muri uku kwezi kwa Nyakanga na zo zarakoze ibikorwa bihonyora uburenganzira bwa muntu zifatanyije n’abafatanyabikorwa bazo.


