UPDF iryamiye amajanja yitegura imirwano na ADF

Inzego z’Umutekano muri Uganda ziri kurunda abasirikare benshi b’indwanyi mu bice bya Rwenzori, mu rwego rwo kwitegura imirwano n’inyeshyamba za ADF bikekwa ko zaba ziteguye guhungabanya umutekano wa kiriya gihugu.

Kuri ubu abasirikare kabuhariwe ba Uganda bakomeje koherezwa mu turere tw’iki gihugu duhana imbibi na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Polisi ya Uganda mu itangazo yasohoye ku wa Mbere, yavuze ko yo n’Igisirikare bakomeje “gukora amarondo akomeye, by’umwihariko ku mipaka itemewe iherereye mu turere twa Ntoroko na Bundibugyo, Kasese, Kibaale, na Kabarole.”

Polisi ya Uganda na UPDF bavuga ko bakajije amarondo nyuma yo kubona hari abantu batazwi bakomeje kugendagenda muri turiya turere.

Umwe mu basirikare bakuru muri UPDF utifuje gutangaza amazina ye, yabwiye ChimpReports ko bakeka ko bariya bantu umugambi wo kugerageza kugaba igitero kuri Uganda.

Yunzemo ko nibatera Uganda “rizaba iherezo rya ADF.”

Polisi ya Uganda ivuga ko muri bariya bantu batazwi hari 34 muri bo iheruka gufatira mu mukwabu wakorewe mu karere ka Ntoroko, bigakekwa ko ari abagizi ba nabi.

Uganda ikomeje kwikanga igitero cya ADF nyuma y’iminsi mike Ingabo zayo zivuganye Lubangakane wari umwe mu bayobozi bakuru b’uriya mutwe w’iterabwoba.

Lubangakane yiciwe muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ari kumwe na batatu mu barwanyi be ku Cyumweru gishize.

Uyu yishwe mu gihe mu byumweru bike bishize ADF yari yagabye igitero gikomeye muri Uganda, yicira abantu 43 mu karere ka Kasese biganjemo abanyeshuri.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *