Urukiko rw’Ikirenga rwategetse ko Général Bunyoni aguma muri gereza

Urukiko rw’Ikirenga rwo mu Burundi kuri uyu wa 23 Ukwakira 2023 rwategetse ko Général de Police Alain Guillaume Bunyoni aguma muri gereza ya Gitega.

Bunyoni yatawe muri yombi muri Mata 2023, akurikiranweho ibyaha birimo icyo gushaka guhungabanya umutekano w’igihugu, guhungabanya umutungo w’igihugu no gutunga intwaro mu buryo butemewe n’amategeko.

Urukiko rwabanje rwari rwaranzuye ko afungwa by’agateganyo, ariko nyuma aza kujurira mu rw’ikirenga, mu cyumweru gishize yemera gutanga ingwate y’amazu ye n’amafaranga y’Amarundi miliyoni 300.

Bunyoni yasobanuriye abacamanza ko ubuzima bwe buri mu kaga, avuga ko arwaye Diyabete yo mu cyiciro cya 2, kandi ko uburyo afunzwe bushobora kongera ubukana bw’iyi ndwara, ikaba yamwicira muri gereza.

Mu rukiko rw’ikirenga, Umushinjacyaha Mukuru yatangaje ko mu byaha Bunyoni ashinjwa hiyongeramo ikindi cyo gushaka kwica Umukuru w’Igihugu, Evariste Ndayishimiye, agaragaza ko kubera iyi mpamvu, bidakwiye ko uyu mufungwa arekurwa.

Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga, amaze kumva no gusesengura impamvu zatanzwe n’Ubushinjacyaha n’uregwa, yafashe umwanzuro w’uko Bunyoni azaburana mu mizi afunzwe.

Bunyoni yabaye Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Burundi, aba Minisitiri w’Umutekano, aba na Minisitiri w’Intebe kugeza muri Nzeri 2022 ubwo yasimbuzwaga Gervais Ndirakobuca. Hari hashize iminsi Perezida Ndayishimiye avuga ko hari igihangange gishaka kumukura ku butegetsi.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *