Ku mupaka wa Ethiopia na Sudani haravugwa urunturuntu nyuma y’iyicwa ry’abasirikare ba Sudani barimo ufite ipeti rya Brig. General bishwe kuwa Kabiri ushize n’ingabo za Ethiopia zifatanyije n’inyeshyamba.
Umwe mu bayobozi b’intara ya Sudani yegereye umupaka wa Ethiopia, Al-Qadarif, yabwiye Ikinyamakuru Russian Today (RT) ko ingabo za Sudani zarwaniye mu rugamba rukomeye ku mupaka wa Ethiopia, abasirikare batatu bakahasiga ubuzima.
Amakuru avuga ko Igisirikare cya Sudani cyabashije kongera kwigarurira ibice bya Sudani byari byigaruriwe n’abahinzi b’Abanya-Ethiopia mu minsi ishize.
Ibiro Ntaramakuru by’Abongereza, Reuters, bivuga ko Sudani yongereye umubare w’ingabo ku mupaka wayo na Ethiopia kuva intambara hagati y’ingabo za Ethiopia n’inyeshyamba zo mu Ntara ya Tigray zo mu mutwe wa TPLF yaduka ku itariki 04 Ugushyingo.
Ariko, inyeshyamba zo mu bwoko bwa Amhara zishyigikiye Guverinoma ya Ethiopia, nazo zongereye ibikorwa byazo ari nabyo byateje guhangana n’ingabo za Sudani mu mirima yegereye umupaka aho impunzi zambukiraga zihunga nk’uko byemejwe na minisitiri w’itangazamakuru wa Sudani, Faisal Salih.
Abahinzi b’Abanya-Amhara bavuga ko bafite uburenganzira ku butaka buherereye mu kibaya cya al-Fashqa, Sudani nayo ivuga ko ari ubwayo, bukunze guteza amakimbirane mu gihe cy’ihinga n’isarura.


