Kuri uyu wa Mbere, itariki 2 Ukuboza 2024, Perezida wa Amerika watowe, Donald Trump yashyizeho umuherwe mugenzi we usanzwe ari umushoramari, Warren Stephens, ngo azabe Ambasaderi wa Amerika mu Bwongereza.
Trump yanditse ku mbuga nkoranyambaga ati: “Warren yahoze iteka arota gukorera Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Nishimiye ko ubu azagira ayo mahirwe nk’umudipolomate wo hejuru, ahagarariye USA muri kimwe mu bafatanyabikorwa dukunda kandi twishimira muri Amerika.”
Stephens yabaye chairman, Perezida na CEO wa Stephens Inc,Ikigo gitanga serivisi z’imari gifite icyicaro i Little Rock, muri Arkansas. Afite umutungo ubarirwa muri miliyari 3.4 z’amadolari (miliyari 3.2 €), nk’uko ikinyamakuru Forbes cyo muri Amerika kibitangaza.
Donald Trump witegura kuyobora manda ya kabiri yatsindiye mu matora aheruka, akomeje gutoranya abantu bazamufasha mu buyobozi bwe mu gihe yitegura gutangira imirimo ku mugaragaro kuwa 20 Mutarama 2025. Mu bantu amaze guha akazi harimo umuherwe Elon Musk washinzwe kuyobora ikigo gishya cya leta gishinzwe gukurikirana imikorere y’ubuyobozi, na Kash Patel yashinze kuyobora FBI.


