USA: Sena igiye gutora ku ntambara Trump yinjiyemo atabiherewe uburenganzira

Kuri uyu wa Gatatu biteganijwe ko Sena ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika iza gutora ku cyemezo cya Perezida Donald Trump cyo kwerekeza mu ntambara na Iran, ikizamini kidasanzwe ku nteko ku kibazo gifata intera mu Burasirazuba bwo Hagati cyagaragaje ko nta ngamba zisobanutse neza za Amerika zo kurangiza intambara.

Itegeko rizwi nk’icyemezo cyo gukemura ibibazo by’intambara, riha abagize inteko ishinga amategeko amahirwe yo gusaba kwemezwa n’inteko mbere y’uko ibindi bitero bibaho. Umwanzuro wa Sena n’umushinga w’itegeko nk’uwo uzatorwa mu Nteko mu mpera z’iki cyumweru, bivugwa ko uzdafite amahirwe yo gutorwa binyuze muri Sena iyobowe n’Abarepubulikani kandi n’iyo watambuka byanze bikunze wakwitambikwa na Veto ifitwe na Perezida Trump.

Nubwo bimeze bityo ariko, ibyemezo byabo ku ntambara imaze iminsi itanu Trump yinjiyemo atabanje kubyemererwa n’inteko ishinga amategeko bishobora kugena ibitegereje abasirikare ba Amerika, n’ubundi buzima butabarika ndetse n’ejo hazaza h’akarere nk’uko inkuru dukesha France24 ivuga.

Ku wa Kabiri, umuyobozi w’Abademokarate muri Sena, Chuck Schumer, mu kiganiro n’abanyamakuru yagize ati: “Intambara zidafite intego zisobanutse ntiziguma ari nto. Ziba nini, zivusha amaraso, ziba ndende kandi zirahenda”. Ati: “Iyi si intambara ikenewe. Ni intambara yo guhitamo.”

Ku wa Gatandatu, nyuma yo kugaba igitero gitunguranye kuri Iran, Trump yihutiye gushaka abamushyigikiye muri aya makimbirane Abanyamerika bajijutse muri politiki bari basanzwe bafite ubwoba bwo kwinjiramo. Muri iki cyumweru abayobozi mu buyobozi bwa Trump bakunze kugaragara ku nteko ishinga amategeko bagerageza kwizeza abadepite ko nta mungenge bakwiye kugira.

Kuri uyu wa Kabiri ushize, Umunyamabanga wa Leta, Marco Rubio, yabwiye abanyamakuru ati: “Ntabwo tugiye gushyira ingabo z’Abanyamerika mu kaga.”

Nyamara, mu mpera z’icyumweru gishize abasirikare batandatu ba Amerika biciwe mu gitero cy’indege zitagira abadereva muri Kuwait.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *