USA: Umuraperi wa mbere ukize, Jay-Z, yashinjwe gufata ku ngufu umwana w’imyaka 13

Ikirego gishya mu rubanza mbonezamubano kirega umuraperi Sean “Diddy” Combs kiravuga ko we na Jay-Z bafashe ku ngufu umukobwa w’imyaka 13 muri after party yo mu 2000. Jay-Z yahakanye aya makuru agira ati: “Ibi birego ni amahano ku buryo ninginga ngo mutange ikirego cy’inshinjabyaha, aho kuba mbonezamubano !!

Umuraperi w’icyamamare akaba na producer, Jay-Z, yashinjwe gufata ku ngufu umwana w’umukobwa w’imyaka 13, bikavugwa ko icyo gihe yari kumwe na Sean “Diddy” Combs watawe muri yombi muri Nzeri akekwaho ibyaha birimo ibishobora kumuhesha igihano cy’urupfu.

Uregwa uzwi ku izina rya “Jane Doe”, yavuze ko ibi byabereye mu birori byabaye nyuma y’ibirori byo gutanga ibihembo bya MTV Video Music Music Awards muri Nzeri 2000 nk’uko tubikesha Euronews.

Ikirego ku ikubitiro cyavugaga gusa P. Diddy, cyasubiwemo kuri iki Cyumweru, itariki 8 Ukuboza 2024 i New York, hongerwamo umuraperi wa mbere ukize kurusha abandi kuri ubu, Jay-Z.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *