USA yasubijeho ibihano yari yarakuriyeho General Bunyoni

Leta zunze ubumwe za Amerika (USA) zasubijeho ibihano zari zarafatiye General de Police Alain-Guillaume Bunyoni wabaye Minisitiri w’Intebe w’u Burundi.

Ibiro bya USA bishinzwe ububanyi n’amahanga tariki ya 9 Ukuboza byasobanuye ko Bunyoni yafatiwe ibihano kubera ibikorwa bibangamira uburenganzira bw’ikiremwamuntu bimushinja gukora.

Byagize biti: “Alain Guillaume Bunyoni (Bunyoni) wabaye umuyobozi mu Burundi. Hashingiwe ku gika cya 7031(c), Department of State ifatiye Bunyoni ibihano ku bwo kwishora mu a bikorwa bibangamira uburenganzira bw’ikiremwamuntu.”

Ibihano yafatiwe birimo: kwimwa viza n’iby’ubukungu birimo gufatira imitungo yaba afite muri USA, kimwe no gufatira konte yaba afite muri banki zo muri iki gihugu.

USA yari yarafatiye ibihano Bunyoni hamwe n’abandi bakomeye muri politiki y’u Burundi mu mpera z’umwaka w’2015, bashinjwa kubangamira uburenganzira bw’ikiremwamuntu. Baje kubikurirwaho mu Gushyingo 2021.

Bunyoni asubirijweho ibi bihano nyuma y’amezi abiri akuwe ku mwanya wa Minisitiri w’Intebe, aho byavuzwe ko yaba yari afite umugambi wo guhirika ubutegetsi bwa Evariste Ndayishimiye.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *