fardc_pm_25

Uvira: FARDC na Wazalendo barwaniye kugenzura umupaka wa RDC n’u Burundi, hapfa benshi

Amakuru aturuka mu mujyi wa Uvira wa kabiri munini muri Kivu y’Amajyepfo aravuga ko ku wa Kabiri tariki ya 26 Kanama wiriwemo imirwano y’ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, FARDC, n’abarwanyi b’imitwe ya Wazalendo basanzwe bazifasha ku rugamba.

Kuva umutwe wa M23 wigarurira imijyi ya Goma na Bukavu hagati ya Mutarama na Gashyantare uyu mwaka, Uvira yahise ihinduka indiri y’abasirikare benshi na Wazalendo zayihungiyemo.

Nta minsi ibiri ikunze gutambuka muri Uvira hatumvikanye kurasana kwa FARDC na Wazalendo bakunze gusubiranamo kenshi.

Amakuru avuga ko imirwano yo ku wa Kabiri yatangiye mu ma saa tanu z’amanywa, impande zombi zongera kuyisubukura mu masaha y’umugoroba.

Ni imirwano yabereye mu gace ka Kavimvira, ahari umupaka uhuza RDC n’u Burundi, ndetse n’aka Rugenge.

Bivugwa ko Wazalendo zimaze igihe zishinja FARDC kuba yarananiwe gucunga Uvira ari zo zatangije iriya mirwano, ubwo zageragezaga kwirukana ingabo za Leta ku mupaka ngo abe ari zo zijya ziwucunga.

Kimwe mu byo Wazalendo zitishimira, ni uburyo ngo Guverineri wa Kivu y’Amajyepfo wo ku ruhande rwa Leta, Jean-Jacques Pulusi buri munsi aza ku kazi aturutse mu Burundi.

Amakuru atangwa n’inzego z’umutekano avuga ko kugeza saa moya z’umugoroba abantu umunani barimo umusirikare umwe na Wazalendo zirindwi ari bo baguye mu mirwano yabaye ejo, abandi benshi barakomereka.

Andi makuru avuga ko muri iyo mirwano hari n’abasivile baba barapfuye.

Nyuma y’imirwano abayitangije ngo bahise batabwa muri yombi, ndetse hanaba inama y’igitaraganya yajuje Guverineri Pulusi, abayobozi b’Igisirikare, aba Sosiyete Sivile, Wazalendo n’abandi batandukanye.

FARDC n’abayifasha ku rugamba bakomeje kurwanira bya hato na hato muri Uvira, mu gihe uduce tw’ingenzi tuzengurutse uyu mujyi tugenzurwa n’umutwe wa AFC/M23 isaha n’isaha ushobora kugaba ibitero byo kuwigarurira.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *