Umukandida depite ku rwego rw’intara ya Kivu y’Amajyepfo mu matora rusange ateganijwe muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, Ndabuye Sadiki Espoir uzwi cyane nka Richa, yishwe arashwe n’abantu bitwaje ibirwanisho bataramenyekana.
Yari umukandida depite mw’ishyaka UDPS riyobowe na Perezida Felix Tshisekedi. Yari anakuriye urugaga rw’abacuruzi mu mujyi wa Uvira.
Bamwe mu babibonye bari hafi y’ibitaro bikuru bya Uvira bavuga ko uyu mugabo yarashwe mu ijoro ryo kuwa Gatanu ahagana mu ma sa moya avuye mu bikorwa byo kwiyamamaza.
Abamurashye kugeza ubu ntibaramenyekana nk’uko iyi nkuru dukesha VOA ivuga.
Mu mujyi wa Uvira kuri uyu wa Gatandatu ushize, hiriwe imyigaragambyo yo kwamagana urupfu rw’uyu mukandida depite.
Kuva Kavimvira kugeza Kalimabenge umuhanda wari wafunzwe, amafoto y’abakandida depite yari ku mihanda aratwikwa. Iyo myigaragambyo yari igizwe ahanini n’urubyiruko rwatwikaga amapine mu muhanda ahandi rugafungisha ibiti umuhanda.
Godelive Rugambo uyobora sosiyete sivili muri Uvira avuga ko bababajwe n’urupfu rw’uyu mu kandida wishwe.
Yagize ati “Kuri twe, n’umubabaro mwinshi cyane ndetse n’amarira menshi. Twatakaje intwari. Namubonye agiye kwiyamamaza kwa mwami mu saa kumi nyuma yaho nza kumva bavuze ngo yarashwe, abandi ngo yapfuye.”
Bamwe mu baturage batuye mu mujyi wa Uvira bavuga ko, iyicwa ry’uyu mukandida depite ryahagaritse imirimo yose muri uyu mujyi.
Mbere yuko uyu mu kandida depite wishwe atanga kandidatire mu kwezi kwa munani, hari agatsiko k’abantu kamusabaga kutiyamamaza kuko bamwitaga Umurundi. Ibyo we yahakanye, akavuga ko ari Umuvira
Godelive Rugambo arasaba leta ya Congo gukora amatohoza igafata abagize uruhare mu iyicwa rya Ndabuye.
Inzego zishinzwe umutekano muri Uvira zivuga ko zatangije ipereza ku bijyanye n’iyicwa rya Ndabuye Sadiki Espoire
Ubwicanyi nk’ubu bwibasira abakandida buranavugwa mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru aho kandida depite Joseph Tchombe yishwe nawe avuye kwiyamamaza muri Teritwari ya Beni kuri uyu wa Gatanu ushize.
Ibikorwa byo kwiyamamaza birarangira kuri uyu wa Mbere itariki 18 Ukuboza 2023.


