Uwahoze ari Minisitiri w’Ingabo muri Sudani y’Epfo, Nhial Deng Nhial yatangaje ko asezeye mu ishyaka riri ku butegetsi, SPLM, ashinja ubuyobozi bwa Perezida Salva Kiir Mayardit kuba bwarataye icyerekezo cy’igihugu.
Mu itangazo ry’impapuro 18 yashyikirije Radio Tamazuj, Nhial yashinje ubutegetsi ruswa, umutekano muke, n’ukudindiza amatora yari ategerejwe kuva mu myaka myinshi ishize.
Uyu munyapolitiki w’inararibonye, wigeze no kuba Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga ndetse n’Umujyanama wa Perezida, yatangaje ko yahise ashinga ishyaka rishya ryitwa South Sudan Salvation Movement (SSSM), avuga ko rigamije “gusubiza SPLM mu mahame yayo y’ubwigenge, ubutabera n’amahoro.”
Nhial yavuze ko SSSM izakorana n’amashyirahamwe y’abatavuga rumwe n’ubutegetsi mu rwego rwo gusaba amatora atagoretswe n’itegeko nshinga rishya bitarenze umwaka wa 2026.
Uyu mugabo afatwa nk’umwe mu banyapolitiki begereye cyane nyakwigendera Dr. John Garang, washinze SPLM, Nhial yavuze ko ishyaka rya Kiir “ryasinziriye muri koma” kandi ko igihugu “gihagaze ku manga.”


