Uwafashe abakobwa bane amashusho y’urukozasoni yarashwe ashaka gutoroka

Umukongomani w’imyaka 25 y’amavuko witwa Shukuru Mbuyi wari ukurikiranweho gufata amashusho y’ubwambure bw’abakobwa bane akayasakaza, yarashwe arapfa ubwo yashakaga gutoroka kasho ya Polisi iherereye mu Murenge wa Nyarugunga mu Karere ka Kicukiro.

Aya makuru yemejwe na RIB, ikaba ari nayo yeretse itangazamakuru aba bakobwa kuri uyu wa 31 Nyakanga 2020. Aba bakobwa bavuze ko baguriwe inzoga, barasinda maze bemera gufatwa amashusho, ashyirwa kuri Instagram.

Icyaha Shukuru yari akurikiranweho gifite aho gihuriye n’icuruzwa ry’abantu ndetse n’ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge.

RIB yemeje ko Ambasade ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yamaze kumenyeshwa iby’iraswa rya Shukuru.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *