Rutahizamu Yves Mugunga wahoze muri APR FC mbere yo guca no mu makipe ya Kiyovu Sports na Gorilla FC, ari mu muryango winjira muri Rayon Sports.
Amakuru avuga ko nta gihindutse Mugunga Yves asinyira Murera kuri uyu wa Kabiri.
Mugunga Yves w’imyaka 29 y’amavuko, mu mwaka ushize ni bwo yari yerekeje mu kipe ya Al-Selmiyah Club yo muri Shampiyona y’Icyiciro cya Kane muri Arabie Saoudite, nyuma y’uko uwari wawubanjirije atari yaragize amahirwe yo gukandagira mu kibuga kubera ibibazo yari afitanye na Kiyovu.
Rayon Sports kuri ubu ifite ikibazo cya ba rutahizamu, yamwitabaje nk’umusimbura wa Biramahire Abbedy Christophe uheruka kwerekeza muri ES Sétif yo mu cyiciro cya mbere muri Algérie.
Mugunga yasaga n’uhataniye umwanya na Habimana Yves wa Rutsiro FC mu bifuzwaga na Rayon Sports.


