Uwasabye Polisi y’u Rwanda kumufunga yasubijwe

Polisi y’u Rwanda yasubije uwari uyisabye ko yaba imufunze iminsi itatu, kuri uyu wa Gatatu,tariki ya 23 Ukwakira 2024, ku isaha ya saa moya n’iminota 34, uwiyita ku rubuga rwa X Wimbwira_ubusa yanditse asaba Polisi kumufunga agira ati:” Ese Rwandapolice umuntu abyutse akumva arashaka ko mu mufunga nk’iminsi 3 kugirango yitekerezaho neza, mwabimukorera? Murakoze munsubize.”

Polisi y’u Rwanda nayo ntiyatinze kumusubiza yahise igira iti:” Muraho, Ntabwo dutanga « staycation » muri kasho zacu, ariko twakugira inama yo kujya muri VisitRwanda. Bizaba bifite ituze n’umutekano hatajemo amapingu!”

https://x.com/Wimbwira/status/1848961207354417429

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *