Vatikani: Urukiko rwakatiye Karidinari Angelo Becciu imyaka 5 n’igice y’igifungo

Urukiko mpanabyaha rwa Vatikani rwakatiye, kuri uyu wa Gatandatu, itariki ya 16 Ukuboza 2023, igifungo cy’imyaka itanu n’igice ku rwego rwa mbere umukaridinari wo mu rwego rwo hejuru wo mu Butaliyani, wegereye Papa Benedigito, kubera forode, nyuma y’urubanza rwerekeranye n’imari ya Vatikani.

Uwahoze ari umujyanama wa hafi wa Papa Fransisko, Karidinali Angelo Becciu, ufite imyaka 75, abaye umuyobozi mukuru wa Kiliziya Gatolika witabye urukiko mpanabyaha rwa Vatikani nk’uko tubikesha Euronews.

Kuri uyu wa Gatandatu ushize, yakatiwe ku rwego rw’ibanze, nyuma y’urubanza areganwamo n’abandi bantu icyenda kubera forode, igifungo cy’imyaka itanu n’igice nyuma y’urubanza rwerekeranye n’ibikorwa by’imari bya Vatikani.

Uyu mukaridinali kandi yaciwe kandi ihazabu y’Amayero 8000 mu gihe ubushinjacyaha bwa Vatikani bwari bwasabye igihano cy’igifungo cy’imyaka 7 n’amezi 3 iherekejwe n’ihazabu y’amayero arenga 10,000.

Umwunganizi wa Karidinali Becciu, Fabio Vignone, yagize ati: “Twubaha iki cyemezo ariko rwose tuzatanga ubujurire.”

Muri uuru rubanza abacamanza bagendeye ku bugure bw’inyubako y’agaciro ya miliyoni 350 z’Amayero yaguzwe i Londres mu Bwongereza hagati ya 2014 na 2018 mu rwego rw’ishoramari rya Vatikani, ahou murage w’umutungo utimukanwa wubahwa cyane.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *