000_34UE89R-1

Walikale: Hubuye imirwano ikaze hagati ya M23 na Wazalendo

Kuri uyu wa Gatanu, itariki ya 25 Mata, imirwano yubuye, hagati y’inyeshyamba za M23 n’abarwanyi ba Wazalendo bo muri APCLC mu murenge wa Osso Banyungu, muri Teritwari ya Masisi, muri Kivu y’Amajyaruguru, nubwo amasezerano yatangarijwe i Doha hagati ya Kinshasa na M23 / AFC, ashobora gutuma imirwano ihagarara mu burasirazuba bwa DRC.

Amakuru aturuka muri Nyabiondo-Centre avuga ko inyeshyamba zagabye ibitero icyarimwe ku birindiro bya Wazalendo ahagana mu ma saa kumi n’imwe z’igitondo kuri uyu wa Gatanu. Imirwano bivugwa ko yatangiriye i Kinyumba, nko mu birometero 5 uvuye Nyabiondo-centre, ikwira muri zone za Burubi, Kibanda, Kikomo na Kasopo. Andi makuru avuga ko abarwanyi ba APCLS aribo ba babanje kurasa ku birindiro bya M23.

Abaturage ba Nyabiondo-centre bakangukiye mu bwoba kubera urusaku rw’amasasu n’ibiturika. Imirwano yatumye imiryango myinshi yo muri ako karere ihunga ingo zabo, nk’uko ubuhamya bwakusanyirijwe i Nyabiondo bugera kuri Radio Okapi buvuga. Bamwe bahungiye mu kigo cy’abaganga batagira umupaka (MSF) no mu bitaro byaho.

Andi makuru avuga ko inyeshyamba za M23 zari ziyongereye i Nyabiondo kuva ejobundi, zivuye i Masisi-centre. Bivugwa kandi ko zasubiye i Kibati, muri Teritwari ya Walikale, aho bashinze ibirindiro by’imbere nyuma yo kuva i Walikale.

Umwe mu bavuga rikijyana waho yerekana ko intego yabo yaba ari iyo kwigarurira Masisi yose no kwisubiza umurwa mukuru wa Teritwari yaWalikale.

Byongeye kandi, indi mirwano hagati ya M23 na Wazalendo yavuzwe ku muhanda wa Mutongo, muri Teritwari ya Walikale, guhera ku wa Kane kugeza mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu.

Iyi mirwano ibaye nyuma y’amasaha 48 Guverinoma ya Kinshasa n’ihuriro rya AFC/M23 bigiranye amasezerano agamije guhagarika imirwano nyuma y’ibiganiro bimaze iminsi bibera i Doha muri Qatar.

 

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *