Ishyirahamwe ry’umukino wa Basketball mu Burundi, Fédération de Basketball du Burundi (FEBABU), ryatangaje ko ikipe ya Dynamo BBC itazitabira irushanwa rya Road to BAL 2025 riteganyijwe kubera i Dar es Salaam muri Tanzaniya kuva ku itariki ya 15 kugeza ku ya 20 Ukwakira 2025.
Nk’uko iri shyirahamwe ryabitangaje, iyi kipe ntiyubahirije zimwe mu ngingo z’amategeko y’irushanwa, zirimo kutuzuza ibisabwa bijyanye no gukurirwaho ibihano yari yahawe n’ubuyobozi bwa Basketball Africa League (BAL).
Muri Werurwe 2024, Dynamo BBC yari yavanywe mu irushanwa rya BAL Kalahari Conference nyuma yo kwanga gukina yambaye imyenda iriho ikirango cya Visit Rwanda, kimwe mu birango by’abaterankunga bemewe na BAL.
Icyo gihe, ubuyobozi bwa BAL bwahise buyihanisha gutanga amande ya $50,000 ndetse buyihagarika mu marushanwa akurikira kugeza ishyize mu bikorwa ibyo yasabwaga.
Kugeza ubu, amakuru atangazwa na FEBABU yemeza ko iyo kipe itarishyura ayo mafaranga kandi itaragaragaza ibimenyetso byo gukurirwaho ibihano, ari na yo mpamvu itazemererwa kwitabira Road to BAL 2025.
Iri rushanwa ni inzira y’amajonjora iganisha ku mikino ya nyuma ya Basketball Africa League (BAL), ihuza amakipe akomeye yo ku mugabane wa Afurika.


