Ibihugu 10 bya mbere n'10 bya nyuma

Za leta zirashinjwa kuba imbere mu kutubahiriza uburenganzira bw’abana

Marc Dullaert washinze umuryango wa KidsRights uharanira uburenganzira bw’abana yagaragaje ko leta z’ibihugu ubusanzwe zidategura ingengo y’imari ihagije mu gushyira mu bikorwa iyubahirizwa ry’uburenganzira bw’umwana burimo kubaho, kwiga, kubarinda gusama no gushakana bakiri bato, kubarinda imirimo ivunanye n’ibindi.

Yagaragaje impungenge zihari mu gihe icyorezo cya Covid-19 cyateye, aho abona ko amahanga agiye gushora igice kinini cy’ingengo z’imari mu nzego z’ubuvuzi no kuzahura ubukungu bwasubiye inyuma, umwana agasa n’uwibagiranye burundu. Kuri we, ngo ahubwo: “Cyari cyo gihe umwana yari akwiye kwitabwaho biruseho.”

Amashuri yarafunzwe mu bihugu bigera mu 188, bigira ingaruka ku bana barenga miliyari 1.5 nk’uko imiryango ya UNICEF na UNESCO yabitangaje. KidsRights uvuga ko ibi byatumye abana bahabwa imirimo ivunanye biyongera, urushako rw’abakiri bato ruriyongera, batwara inda batarakura.

Urutonde rw’ibihugu byubahirije uburenganzira bw’abana

Mu gukora uru rutonde, ntabwo umuryango wa KidsRights warebye ku bukungu bw’ibihugu ahubwo witaye ku buryo igihugu cyubahiriza ubwo burenganzira mu bushobozi gifite. Niyo mpamvu Iceland iza ku mwanya wa mbere kandi atari cyo gihugu gikize cyane ku Isi, mu bihugu 182 byakoreweho ubu bushakashatsi, mu gihe u Bwongereza buza ku mwanya w’169.

Ibihugu bya mbere: Iceland (1), Switzerland (2), Finland (3), Sweden (4), Germany (5), Netherlands (6), Slovenia (7), Thailand (8), France (9) na Denmark (10).

Ibihugu umunani byo ku mugabane w’Afurika biza mu myanya 10 ya nyuma. Ibyo ni: Guinea Bissau (173), Guinea (171), DRC (176), CAR (178), Equatorial Guinea (179), Sierra Leone (180) na Chad (182). Igihugu kiri imbere kuri uyu mugabane ni Tunisia iri ku mwanya wa 20.

Ibihugu 10 bya mbere n'10 bya nyuma
Ibihugu 10 bya mbere n’10 bya nyuma

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *