Umuyobozi muri Leta ya Zambia yavuze ko bagiye kugurisha indege ya perezida yaguzwe mu buryo butavugwaho rumwe miliyoni 194.9 z’amadolari na guverinoma yabanjirije iyi kubera amafaranga menshi yo kuyibungabunga .
Minisitiri w’ingabo, Ambrose Lufuma, yabwiye Inteko Ishinga Amategeko ati: “Kubungabunga no gukoresha indege byatwaye ikigega cya Leta amafaranga arenga miliyoni 6.3 z’amadolari mu myaka itatu ishize nubwo yakoreshejwe mu ngendo nke za perezida, ni yo mpamvu y’icyemezo cya guverinoma cyo kugurisha umutungo nubwo habamo igihombo.”
Lufuma yavuze ko igurwa ry’indege ryarangijwe n’ubutegetsi buyobowe na Edgar Lungu ku giciro kirengaho miliyoni 60 z’amadolari ukurikije agaciro kayo ku isoko mu gihe hakurikijwe uburyo bwo gutanga amasoko “buteye amakenga”.
” Gulfstream yaguzwe ku giciro cyinshi cya miliyoni 194.9 z’amadolari akubiyemo na accessoires, avuye mu nguzanyo ingana na miliyoni 400 z’amadolari ya Amerika yatanzwe na Banki yo muri Israel yo kuvugurura igisirikare cya Zambia… Indege, ifite agaciro ka miliyoni 55 $ ku isoko, yaguzwe miliyoni 70 mu gihe miliyoni 50 zishyuwe mu gushyiramo J-Music “.
Lufuma yavuze ko bitari mu nyungu za Zambia na guverinoma kubungabunga indege kubera ikigega cya Leta gifite amafaranga macye. Nyuma yo gutanga indege, indi ndege ya perezida izagurwa ku giciro gito nk’uko iyi nkuru dukesha Anadolu Agency ikomeza ivuga.
Kwikuraho iyi ndege byari mu byo uwasimbuye Lungu, Hakainde Hichilema, ysezeranyije mu kwiyamamaza kwe mbere y’amatora yo muri Kanama 2021 avuga ko amasezerano y’ubuguzi yarimo ruswa.
Iki cyemezo ariko gisaba kwemezwa n’inteko ishinga amategeko hakurikijwe amategeko agenga itangwa ry’umutungo wa Leta.
Lufuma yavuze ko komisiyo ishinzwe kurwanya ruswa iri gukora iperereza kuri iki kibazo.
Uwahoze ari umuyobozi w’ingabo ku bwa Lungu, Stardy Mwale, yatawe muri yombi akurikiranyweho ibyaha bitatu byo kutubahiriza nkana amategeko n’amabwiriza akurikizwa ndetse no kwishyura amafaranga avuye mu isanduku ya leta mu buryo butemewe n’amategeko.
Yarekuwe by’agateganyo mu gihe hagitegerejwe kwitaba urukiko.


