Minisitiri w’Ubuzima muri Zambia, Elijah Muchima, yavuze ko imbwa zigera muri 400, zapfuye mu kwezi gushize nyuma yo kurya kawunga y’ibigori byanduye bityo hakaba hari n’impungenge ko n’abantu bashobora guhura n’akaga.
Eliya Muchima yatangaje ko amasosiyete asya ibigori yafashe ibipimo basanga birimo uburozi bwa ‘aflatoxine’ bwinshi.
Bwana Muchimi, yavuze ko ibyavuye mu bizamini biteye impungenge cyane kubera ingaruka nyinshi ku buzima bw’abaturage.Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima (OMS), rivuga ko hari ibimenyetso ko iyi aflatoxine ishobora gutera kanseri y’umwijima ku bantu.
Ikinyamakuru newzimbabwe, kivuga ko nyuma y’iperereza ryakozwe, ryasanze imbwa nyinshi zarapfuye zishwe n’uburozi bwa aflatoxine buboneka muri ibi bigori.
Minisiteri y’Ubuzima ntabwo yatangaje ko hari abantu bapfuye bazize ibigori byanduye, icyakora amakuru aturuka mu kigo cy’ubuzima rusange cya Zambiya, avuga ko kuri ubu barimo kugerageza kumenya niba ingano y’ibigori biherutse kwangirika byaragize ingaruka ku bantu.
.
Ku wa Kabiri, mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru, Bwana Muchimi yavuze ko imihindagurikire y’ikirere n’ingaruka z’amapfa aherutse kuba muri Zambiya byakajije umurego byongerera uburemere ubumara bwa ‘aflatoxine’.
Kimwe no mu majyepfo ya Afurika, Zambiya yibasiwe n’amapfa akomeye mu ntangiriro z’uyu mwaka. Abahinzi bagera kuri miliyoni batunzwe n’ibiribwa bitujuje ubuziranenge kubera kwangizwa n’amapfa.


